Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Mwenedata Olivier, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, akekwaho icyaha cyo kurigisha Amafaranga y’u Rwanda 5,000,000 yari agenewe kugura imodoka y’Umurenge.

Inkuru irambuye kanda hano

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko tariki ya 12 Nyakanga 2013, aribwo Gitifu Mwenedata yafatiwe mu cyuho amaze kubikuza kuri ‘MoMo Code’ 5,000,000Frw, akaba ari amafaranga yari yakusanyijwe n’abaturage kugira ngo bagure imodoka y’Umurenge.

Yafatiwe mu Murenge wa Kigina Umudugudu wa Nyakarambi, aho yari amaze kuyohereza ku muntu yari yifashishije, agamije kuyobya uburari afatwa agiye kuyabikuza. Ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, mu gihe harimo gutunganywa dosiye kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

RIB irashimira abaturage uburyo bagenda bagaragaza ubufatanye mu rwego rwo gutanga amakuru hakiri kare, kugira ngo ibyaha nk’ibi bihanwe. Irashima kandi ubufatanye ikanasaba abaturage gukomeza gukorana nayo, kugira ngo ibyaha nk’ibi bihanwe.

Mwenedata Olivier, akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo gihanwa n’ingingo ya 10 y’itegeko ryerekeye kurwanya ruswa, aramutse abihamijwe n’urukiko yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7), ariko kitarenze imyaka 10 ndetse n’amafaranga y’ihazabu yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugera kuri eshanu z’agaciro k’ayo mafaranga yanyereje.

Don’t let your ideas wait. Whether you’re a student, entrepreneur, or organization, this is your moment to turn vision into reality. Reach out now — opportunities to create something unforgettable won’t wait forever.

Email: support@digitalartshub.com

Phone: +250 785 425 426

Location: Kigali, Rwanda

Request a Service

Post a Comment

0 Comments